Igihembwe cyo gutera ibiti 2022/2023 cyatangirijwe mu murenge wa Rwempasha
Kuri uyu wa 29/10/2022 Umuyobozi w’Akarere Bwana Gasana Stephen ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu karere bifatanyije n'abaturage b'Umurenge wa Rwempasha mu Umuganda wo gutera ibiti 6,250 bivangwa n'imyaka ku buso bungana na hegitari 10 mu Kagari ka Rukorota mu mudugudu wa Bukonji. Umuganda Rusange wibanze ku bikorwa byo gukumira isuri no gutera ibiti mu mirenge yose y'Akarere,wahujwe n'umuhango wo gutangiza Igihembwe cyo gutera ibiti umwaka wa 2022/2023 hanizihizwa isabukuru y'imyaka 47y'umunsi w'igiti.
Mu biganiro n'abaturage nyuma y' Umuganda Umuyobozi w'Akarere Gasana Stephen yakanguriye abaturage akamaro k'ibiti anabasaba kurinda ibyatewe kugira ngo birinde ubutaka no gutera byinshi,birimo n'iby'imbuto ziribwa nibura 3 kuri buri rugo, kugira ngo nibyera babibyaze umusaruro.
Mayor Gasana Stephen: Muri iki gihe twagize amahirwe yo kubona imvura, mukwiye guhinga ibibatunga n'ibyo gutunga ab'ahandi batagize ayo mahirwe; birasaba guhinga ubutaka bwose buhingwa no gukoresha inyongeramusaruro.
Abaturage kandi bakanguriwe gufatanya n'inzego z'ubuyobozi mu kubungabunga umutekano no gukumira ibyaha, ruswa n'akarengane, kwirinda no gukumira ibiza n'ikwirakwira rya virusi ya Ebola yagaragaye Uganda,kugira isuku, kwizigamira no kwitabira ubwisungane mu kwivuza na EJo Heza.
Muri iki gihembwe cyo gutera ibiti 2022/2023 , mu karere hazaterwa ibiti bivangwa n'imyaka ku buso bwa Ha 1260 n'ibindi bitavangwa n'imyaka kuri Ha 5200. Muri buri kagari hateguwe ingemwe z’ibiti bizaterwa muri iki gihembwe 2022/2023 bisaga miliyoni 3.
Kuri uyu wa Umuyobozi w’Akarere Bwana Gasana Stephen ari kumwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu karere bifatanyije n'abaturage b'Umurenge wa Rwempasha mu Umuganda wo gutera ibiti 6,250 bivangwa n'imyaka ku buso bungana na hegitari 10 mu Kagari ka Rukorota mu mudugudu wa Bukonji. Umuganda Rusange wibanze ku bikorwa byo gukumira isuri no gutera ibiti mu mirenge yose y'Akarere,wahujwe n'umuhango wo gutangiza Igihembwe cyo gutera ibiti umwaka wa 2022/2023 hanizihizwa isabukuru y'imyaka 47y'umunsi w'igiti.
Mu biganiro n'abaturage nyuma y' Umuganda Umuyobozi w'Akarere Gasana Stephen yakanguriye abaturage akamaro k'ibiti anabasaba kurinda ibyatewe kugira ngo birinde ubutaka no gutera byinshi,birimo n'iby'imbuto ziribwa nibura 3 kuri buri rugo, kugira ngo nibyera babibyaze umusaruro.
Mayor Gasana Stephen: Muri iki gihe twagize amahirwe yo kubona imvura, mukwiye guhinga ibibatunga n'ibyo gutunga ab'ahandi batagize ayo mahirwe; birasaba guhinga ubutaka bwose buhingwa no gukoresha inyongeramusaruro.
Abaturage kandi bakanguriwe gufatanya n'inzego z'ubuyobozi mu kubungabunga umutekano no gukumira ibyaha, ruswa n'akarengane, kwirinda no gukumira ibiza n'ikwirakwira rya virusi ya Ebola yagaragaye Uganda,kugira isuku, kwizigamira no kwitabira ubwisungane mu kwivuza na EJo Heza.
Muri iki gihembwe cyo gutera ibiti 2022/2023 , mu karere hazaterwa ibiti bivangwa n'imyaka ku buso bwa Ha 1260 n'ibindi bitavangwa n'imyaka kuri Ha 5200. Muri buri kagari hateguwe ingemwe z’ibiti bizaterwa muri iki gihembwe 2022/2023 bisaga miliyoni 3.